Byibuze abasirikare bakuru babiri mu ngabo za Congo (FARDC) biciwe mu mirwano ikomeye yabahuje n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF muri Beni kuri iki Cyumweru.
Ibitero byagabwe n’inyeshyamba ku birindiro bitatu by’ingabo za Congo byatangiye kuwa Gatandatu, bikurikirwa n’ingabo za Congo kuri iki Cyumweru na zo zigaba ibitero ku nyeshyamba nk’uko byemezwa n’amakuru ava mu gisirikare.
“ Tubabajwe n’urupfu rw’abakoloneri 2 baguye muri ibyo bitero bitunguranye bya ADF. Imirambo yabo imaze kugera hano I Beni muri iki gitondo .” Uyu ni Capt. Mak Hazukay, umuvugizi w’ingabo muri Beni ubwo yavuganaga na AFP atangaza imibare y’ibanze y’abaguye muri iyi mirwano.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu yakomeje avuga ko babashije kwisubiza ibirindiro bitatu byari byigaruriwe na ADF kuwa Gatandatu, bakaba bakomeje gukurikirana izi nyeshyamba hagati mu ishyamba.
Umwe mu basirikare bakuru mu rwego rw’ubutasi utifuje ko amazina ye atangazwa, akaba yavuze ko bapfushije ba ofisiye babiri n’abasirikare bato batanu. Ntihatangajwe ariko abapfuye ku ruhande rw’inyeshyamba.
Inyeshyamba z’umutwe wa ADF ugendera ku matwara ya kisilamu ukorera mu burasirazuba bwa Congo kuva mu 1995. Izi nyeshyamba zikaba zishinjwa na Guverinoma ya Congo na Monusco, kuba inyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana abantu 700 muri Beni kuva mu Ukwakira 2014.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


