RDC: Abantu 35 bishwe n’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki cyumweru tariki ya 27 Ugushyingo 2016, nibwo inyeshyamba za Maà¯-Ma௠zishe abaturage 35 ubwo zagabaga ibitero mu gace ka Luhanga, muri teritwari ya Lubero (Nord-Kivu).
Sosiyeti sivile muri utu duce, niyo yatangaje iyi mibare ko ari abasivile 35 bishwe ndetse n’inyeshyamba imwe muri izi zari zagabye igitero (Maà¯-Maà¯).
[ad id=”44145″]
M. Bokele, umuyobozi wa Teritwari ya Lubero, aganira na AFP, yatangaje ko izi nyeshyamba zagabye igitero mu masaha y’urukerera, zibigaba ku birindiro by’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), by’umwihariko ubwo barwanaga n’izo ngabo za Leta ngo abandi baciye hirya bakagenda bica abasivile.
CEPADHO, umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ukorera muri RDC, watangaje ko ubu bwicanyi bwakorewe abasivile ari ikimenyetso kigaragaza uhohoterwa rikabije ryakorewe ikiremwamuntu.
Ukaba usaba ko habakorwa iperereza hagafatirwa ibihano inzego za gisirikare n’iza gisivile zari zifite mu nshingano kurinda aba basivile zikagira uburangare .
[ad id=”44145″]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *