Abantu babiri barishwe mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru mu gace ka Kabwela ubwo abantu bitwaje intwaro binjiraga muri aka gace ko mu Mujyi wa Kalemie, aho ababibonye bavuga ko abateye baje mu modoka bagatangira gusaka mu nzu zose.
“ Barashe amasasu. Mu gitondo twabonye imirambo ibiri yishwe n’amasasu. Ni bwana Mubango na bwana Kazadi. Nta makimbirane yari muri kalemie ku buryo abantu bari mu bitotsi baterwa .”, uyu ni umudepite mu nNtara ya Tanganyika, Jean Manda Kansabala.
Ku ruhande rwe, umuyobozi wa teritwari ya Moba, Didier Mumbere, yasezeranyije gukurikirana iki kibazo nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Yagize ati: “ Kugeza ubu ntabwo ndi Moba hagati: Ndi ku ruhande rwa Selembe ugana Pepa. Ubwo ngiye gukurikirana uko ibintu bimeze .”
Hagati aho, abakoresha umuhanda Kalemie-Kabwela-Pweto-Lubumbashi bo baravuga ko inzira ya Kabwela ikomeje kuba ikibazo ku rujya n’uruza. Baravuga ko mu murenge wa kambu, kuri uwo muhanda, habereye ubwicanyi mu mezi abiri ashize bw’abakozi babiri ba ONG yitwaFHI.
Kuwa kane ushize, abandi bantu babiri bari mu baherekeje umukandida ku mwanya w’umudepite mu gace ka Kongolo nabo bishwe barashwe imyambi n’inyeshyamba z’Abatwa. Aba bari bari kujya I Lubumbashi. Undi muntu yakomerekejwe n’umwambi muri icyo gitero.


