RDC: Abantu hafi 50 bishwe n’impanuka y’ubwato abasaga 100 baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 49 bapfuye abandi 120 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato bwarohamye kuri uyu wa Gatandatu ushize ku ruzi ruherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi.

Nk’uko byatangajwe na guverineri wungirije w’intara, Taylor Nganzi, ngo iyi mpanuka yabereye mu mujyi wa Mbandaka ku mugezi wa Congo mu Ntara ya Equateur.

Nganzi yabwiye abanyamakuru ati: “Ubwato bwerekezaga i Bolomba, ahantu harenga kilometero 300 uvuye ku cyambu cya Bankita mu Mujyi wa Mbandaka ubwo bwibiranduraga nijoro…”

Uyu yakomeje agira ati: “Muri ubwo bwato harimo abagenzi n’imizigo yarimo ibikoresho byo kubaka”. “Gushakisha ababuze birakomeje.”

Nganzi yavuze ko abapfuye barimo abana, avuga ko imibare y’abapfuye ari iy’agateganyo.
Iyi mpanuka yatewe no gupakira bakarenza urugero nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Abatangabuhamya bavuga ko ubwato bwigenga bwari butwaye imifuka 500 ya sima n’ibyuma.
Ubwikorezi ku nzuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bukunze gukoreshwa cyane kubera imihanda myinshi itari nyabagendwa, ariko amato abujijwe kugenda nijoro kugirango hagabanywe impanuka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *