RDC: Abanyamulenge batorohewe n’urugamba batakambiye Gen. Amisi Gabriel

Sangiza iyi nkuru

Ubwoko bw’abanyamulenge bwatakambiye Gen. Amisi Gabriel, wungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumugaragariza uburyo inyeshyamba zirimo n’izikomoka i Burundi zabajujubije.

Ubwo Gen. Amisi yagiranaga inama n’abahagarariye ubwoko bw’Abanyamulenge, Ababembe n’Abafulero yabasabye kugira icyo bavuga cyakorwa kugira ngo intambara ishingiye ku muko ikaba imaze amezi atatu, mu gace k’imisozi miremire ka Minembwe, ihagarare.

Bigirumwami Timetewo wari uhagarariye Abanyamulenge muri iyi nama, yagaragariye uyu muyobozi mu ngabo, uburyo inyeshyamba za Mai-Mai zabibasiye zifatanyije n’inyeshyamba z’Abarundi za Red-Tabbara, agasaba ko ingabo za Leta zababa hafi.

Yagize ati “Twamusabye ko bagomba kurinda umutekano w’Abantu n’ibintu kubera ko intambara za Kera yego koko zarwanywe n’amoko menshi ariko ko Leta itatwitaho, ntidutabare, n’aho twajyaga dusura inka hafashwe na Mai-Mai, noneho Mai Mai irwanya Leta bakayireka bazi ko ari ubwoko, bakayireka, Leta niyo yabuze”.

Akomeza avuga ko izi nyeshyamba za Mai-Mai zitagabwaho ibitero mu gihe zirwanya Leta, bityo ko zishyira hamwe na Red-tabbara y’i Burundi zikagaba ibitero ku Bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubundi bwoko bushinja ubw’Abanyamulenge kuba aribwo nyirabayazana, ko bashotora abandi, bakajya kuragira bafite imbunda.

Nk’uko VOA ibitangaza, ngo Gen. Amisi Gabriel agiriye uruzinduko muri Congo nyuma y’aho Perezida Tshisekedi asabiye ko ingabo za Leta zagaba ibitero ku nyeshyamba zibuza abaturage amahoro muri teritwari zitandukanye zirimo n’iya Minembwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *