7b401ab0-dde6-11ef-902e-cf9b84dc1357

RDC: Abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje kuva mu bice bari barafashe

Sangiza iyi nkuru

Urujya n’uruza rw’abarwanyi ba AFC / M23 rwagaragaye kuri uyu wa Kane, itariki 26 Werurwe, mu duce twinshi two muri Teritwari ya Walikale iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane i Minjenje na Mpety muri Gurupoma ya Kisimba, no muri Kanune muri Gurupoma ya Ikobo.

Nk’uko amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza ngo urugendo rwa mbere rw’inyeshyamba n’ibikoresho byabo rwagaragaye i Minjenje na Mpety, mu gace ka Banakindi.

I Kalembe, abatangabuhamya bavuze ko babonye aba barwanyi bagenda, bamwe mu modoka, abandi n’amaguru. Amakuru ava mu nzego z’umutekano n’inzego z’ubutegetsi yemeje aya makuru, mu gihe binavugwa ko hari abarwanyi bacye basigaye mu duce twavuzwe.

Uku kwimura ingabo kwavuzwe no muri Kanune, muri Gurupoma ya Ikobo. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ibanze n’iz’umutekano avuga, inyeshyamba zavuye muri uyu mujyi nyuma ya saa sita zerekeza Miriki, mu gace kegeranye na Lubero, aho AFC/M23 yahereye ivana ingabo mu bice bimwe mu minsi ishize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *