Kuva ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 byatangira mu ri Kivu y’Amajyaruguru mu 2015 abarwanyi ba FDLR 1,101 ndetse n’abandi bo mu mitwe itandukanye y’abanyekongo 2304 nibo bamaze kwamurwa intwaro nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kane ushize, itariki 19 Mata n’umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 2, Major Guillaume Ndjike ubwo hagenzurwa icyo, ibi bikorwa bya gisirikare bigamije kwambura ibirwanisho inyeshyamba, bimaze kugeraho.
Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’iryo genzura, umuvugizi wa Sokola 2, yavuze ko kuva ibi bikorwa bya gisirikare byatangira abarwanyi ba FDLR 1101, inyeshyamba z’abanyekongo 2304 ndetse n’abarwanyi bahoze muri M23 bagera kuri 334 bamaze kwamburwa ibirwanisho.
Muri rusange ngo hafashwe intwaro 1039 zakuwe kuri abo barwanyi , ndetse hafatwa Ak-47 114 na grenades 4 byakuwe mu basivili. Ku rundi ruhande kandi abasirikare bal eta 285 ngo bashyikirijwe ubutabera.
Major Ndjike nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga, yagaragaje ko habura ubufatanye bw’abayobozi gakondo n’abandi bayobozi b’ibanze ndetse n’abadepite muri ibi bikorwa. Yaboneyeho gusaba ubuyobozi bw’intara ku nzego zose kubafasha gukora inshingano bahawe n’ababakuriye.


