Abasivili batandatu biciwe mu bitero bibiri bitandukanye by’imitwe yitwaje intwaro muri Teritwari ya Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, kuwa gatandatu, itariki 20 no ku Cyumweru, itariki 21 Nyakanga.
Igitero cya mbere cyabaye saa 20h15 (saa mbiri na cumi n’itanuz’ijoro) ahitwa Eringeti, mu birometero bisaga 50 uvuye mu Mujyi wa Beni. Amakuru aturuka muri sosiyete sivile y’aha aravuga ko abantu bitwaje intwaro, kugeza ubu bataramenyekana, bacengeye muri aka gace mbere yo kwica umuyobozi wako n’abaturanyi be babiri.
Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 1 utemeza ko ari igitero cya ADF, yatangaje ko igisirikare cya Congo, FARDC, cyatangiye iperereza ngo kimenye izo nyeshyamba.
Radio Okapi dukesha iyi nkuru iravuga ko kuri iki Cyumweru mu gitondo, inyeshyamba za ADF nazo zinjiye ahitwa Mangboko, agace ko mu Murenge wa Beni-Mbau, gaherereye byibuze mu birometero 18, ugana mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’Umujyi wa Beni.
Sosiyete sivile y’aha yo iravuga ko abasivili batatu bishwe, barimo umwarimu muri Institut Babwisi yo muri Oicha. Abandi bantu batatu baburiwe irengero undi arakomereka bikabije.
Abitwaje ibirwanisho kandi ngo basahuye ibintu byinshi n’amatungo. Nk’uko binemezwa n’Umuvugizi wa FARDC muri aka karere. Muri Mangboko, abaturage bakaba bakoze imyigaragambyo bamagana ubwo bwicanyi.


