RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi i Pretoria mu nama yo gushaka uko bazafatanya mu matora

Sangiza iyi nkuru

Intumwa z’abayobozi bakuru batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bageze muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere ushize kugira ngo baganire ku bijyanye n’imikoranire mbere y’amatora ateganijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Perezida Felix Tshisekedi uri ku butegetsi, yiyamamariza manda ya kabiri mu matora yitezwe ku itariki ya 20 Ukuboza.

Abasesenguzi benshi babona ko Perezida Tshisekedi ashobora gutsinda, bitewe n’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bacitsemo ibice byinshi nabyo bihanganye.

Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Ugushyingo, intumwa zihagarariye abanyapolitiki batanu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi, bose bazahatana mu matora ateganijwe, zageze mu murwa mukuru w’ubutegetsi wa Afurika y’Epfo, Pretoria, kugira ngo baganire.

Harimo intumwa za Moise Katumbi, umuherwe kandi wahoze ari guverineri w’intara yahoze ari Katanga; uwahoze ari umukandida ku mwanya wa perezida, Martin Fayulu; uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Augustin Matata Ponyo; Depite Delly Sesanga; n’uwatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Denis Mukwege.

Umwe mu bitabiriye ibyo biganiro wanze ko izina rye ritangazwa nk’uko tubikesha urubuga news24, yagize ati: “Kandidatire ihuriweho ishobora kwifuzwa mu kwirinda gutatanya amajwi y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.”

Ariko undi mu bitabiriye iyi nama wasabye ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ibiganiro byibanze ku gushaka “uburyo buhuriweho bwo kwirinda uburiganya” mu matora.

Ati: “Ntabwo dushidikanya ku mpaka zerekeye kandidatire imwe, ariko icyo dukeneye kuruta byose ni ukuri ku gasanduku k’itora”.

Ibiganiro muri Pretoria bishobora kugeza ku wa Kane kandi byateguwe ku nkunga y’umuryango utegamiye kuri Leta wo muri Afurika y’Epfo “In Transformation Initiative (ITI)”.

Umuyobozi wa ITI, Ivor Jenkins ati: “Barashaka gutangira inzira yo kuganira no kureba uko bashobora gufatanya.”

“Intego nyamukuru ni uburyo Repubulika ya Demokarasi ya Congo ishobora guhinduka demokarasi ikomeye, hamwe n’amashyaka menshi, kugira ngo habe amatora yo mu bwisanzure kandi abereye.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *