RDC: Bahagurukiye uwavuze ko ingagi ziba mu Rwanda gusa

Sangiza iyi nkuru

Abakomeye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bahagurukiye umunyamakuru wa televiziyo yo mu Bufaransa ya TF1 (Télévision Française 1) witwa Gilles Bouleau wavuze ko ingagi zo mu birunga ziba mu Rwanda gusa.

Uyu munyamakuru yabitangaje tariki ya 19 Ugushyingo 2020 muri gahunda y’amakuru ya TF1 atambuka saa mbiri z’ijoro. Aho yagize ati: “Tugiye gusura ingagi z’ibirunga zasigaye, ziba mu ishyamba ry’inzitane ryo mu Rwanda.”

Yakomeje ati: “Ubu ngiye kubajyana ku ngagi zo mu birunga za nyuma. Ibi biremwa biri gukendera, biba gusa mu mutima w’amashyamba yo mu Rwanda.”

Uyu munyamakuru yatumye Ikigo cya RDC gishinzwe kubungabunga ibidukikije, ICCN (Institut Congolais pour la Conservation de la Nature) kimunyomoza, nk’uko bigaragara mu butumwa cyanditse kuri Twitter.

ICCN yagize iti: “Amakuru ya saa 20h00 yo ku wa 19/11/2020 ya TF1 mu Bufaransa, yirengagije ko ingagi zo mu birunga 800 zihuriweho n’ibihugu bitatu; Uganda, u Rwanda na RDC? Bemeje ko izi nyamaswa ziboneka gusa mu Rwanda. Pariki ya Virunga nayo ni iwabo w’izi ngagi, ntimubyibagirwe.”

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri RDC, Jean-Marc Châtaigner na we kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020, yagize icyo avuga ku makuru yatangajwe na Gilles kuri TF1. Ati: “Mbese TF1 yashatse kuvuga ko nta ngagi zo mu birunga ziba muri RDCongo (cf. amakuru yabo yatangajwe tariki ya 19 Ugushyingo 2020).

Yanditse ubundi mutumwa avuga ko televiziyo ya TF1 yakoze ikosa ritumvikana kuko ngo: “Pariki ya Virunga muri RDC icumbikiye ingagi zo mu birunga, zihuriweho n’ibihugu bitatu.” Yongeyeho ati: “Nizere ko TF1 baza gukosora!”

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri RDC, Mike Hammer kuri uyu wa 22 Ugushyingo, na we yakosoye TF1 ubwo yungaga mu ijambo rya Châtaigner.

Ambasaderi Hammer yifashishije amafoto y’ingagi, yagize ati: “Mukosore TF1, murabona ingagi muri Pariki y’Igihugu ya Virunga na Pariki ya Kahuzi-Biega muri RDCongo! Njye nabyiboneye ubwanjye, ni nziza! Biroroshye gusuzuma, nimwemere amakosa yanyu-murabona amafoto muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.” Yaboneyeho gusaba ko ubutumwa bwe babusangiza abandi bizwi nka ‘retweet’.

Ingagi zo mu birunga (Mountain Gorillas) ziba muri pariki eshatu nk’uko umuryango mpuzamahanga wa IUCN (International Union for Conservation of Nature) ushinzwe kubungabunga ibidukikije ubyemeza. Izi pariki zirimo iy’Ibirunga mu Rwanda, iya Virunga muri RDC na Mgahinga muri Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *