Kuri iki cyumweru tariki ya 21 Nyakanga 2019, imirambo ine y’abantu bivugwa ko bishwe n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, yabonwe mu gace ka Malolu, gaherereye muri Teritwari ya Ruwenzori, mu Burasirazuba bw’amajyaruguru y’Umujyi wa Beni, Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abaturiye muri aka gace bemeza ko ari inyeshyamba za ADF zabishe. Burugumesitiri wa Komini Rwenzori, Aloize Mbwarara, ati “Ni abaturage bo muru Matete, bari bagiye mu mirima i Malolu ni uko bagwa mu gico cya ADF. Ejo twamenyeshejwe ko bishwe, bahambwe n’abasirikare ba Leta bafatanyije n’abaturage bo mu miryango dore ko imibiri yabo yari yatangiye kwangirika”.
Nk’uko ikinyamakuru Actualitecd kibitangaza, ngo amajana y’abahinzi b’i Mayangose barateranye bari kumwe n’imiryango y’abishwe bigira hamwe uburyo bwarwanya bishyize hamwe ubwicanyi bukorwa na ADF.
Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, zimaze imyaka isaga 20 mu mashyamba ya Congo, zazengereje agace ka Beni, zica abaturage zikoresheje intwaro gakondo, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, gushimuta, gusahura,….
Izi nyeshyamba za ADF zikaba zishyirwa na USA ndetse na Loni, ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.


