Abantu bagera kuri 40 bagaragajwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019, ku biro bikuru bya Polisi biri mu Ntara ya Kivu y’Amajyarugu, bashinjwa guhungabanya umutekano n’ubujura.
Nk’uko bitangazwa na Colonel Van Kasongo, ngo aya mabandi yatawe muri yombi kuva ku wa 23 kugera ku wa 27 Nyakanga uyu mwaka.
Itsinda rya mbere rigizwe n’urubyiruko rwahungabanyije umutekano mu cyumweru gishize mu gace ka Buhene na Turunga. Ubwo habagaho imyigaragambyo y’abaturage, aba ngo babomoye inzu ndetse baniba ku biro bya polisi biri i Mutinga.
Irindi tsinda ngo rigizwe n’abajura kabuhariwe, bibye Inka i Bujovu ndetse n’i Masisi.
Radio Okapi kandi itangaza ko hari andi mabandi yatoteje abaturage kugeza bapfuye, ayandi ngo yacukuraga imva akiba amasanduku n’ibindi byahambanywe abapfuye, muri Kahembe ndetse n’abanywi b’urumogi.
Umuyobozi mukuru wa Polisi muri Iyi Ntara, Col Kasongo akomeza avuga ko aya mabandi yose azajyanwa imbere y’ubutabera umwe ku wundi kugira ngo yisobanure ku byaha aregwa.


