4jffZvuZGBIySPme (1)

RDC ikomeje kwanga kwakira Ingabo za FARDC zarekuwe na AFC/M23

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iravugwaho gukomeza gushidikanya kukwakira abasirikare babarirwa mu 5000 ba FARDC bafatiwe ku rugamba umutwe wa AFC/M23 umaze ukwezi kurenga wemeye kurekura.

Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) yaregerewe kandi ivuga ko yiteguye gushyigikira iki gikorwa. Ibyumweru bike bishize ariko biravugwa ko byari bikomeye, mbere y’uko byoroha mu minsi yashize. AFC/M23 yakajije umurego, ndetse ishinja Kinshasa kwanga kwakira  abasirikare ba yo bafatiwe ku rugamba yemeye kurekura.

Ku ruhande rwa Kinshasa, ngo gushidikanya kurakomeje. Bamwe mu bayobozi ba Congo baratinya ko aba basirikare ba FARDC bagenda ari abacengezi bakorera AFC/M23.

Ndetse umwe mu begereye Perezida Tshisekedi avugana na RFI yagiye kure aravuga ati: “Kuki bari guhatiriza? Ese barabikorera ineza cyangwa bafite umugambi uhishe?”

Abandi bayobozi, bahisemo kwigengesera bagaragaza ko abo ari imfungwa z’intambara, kandi ko iki kibazo kimaze amezi hafi atandatu kiganirwaho.

Umwe mu baminisitiri yabwiye RFI ko ari ngombwa ko ibintu byose bikorwa hakurikijwe inzira ziteganyijwe. Amakuru agera kuri iki gitangazamakuru mpuzamahanga akavuga ko, ikibazo cy’aba basirikare kiri mu bizigwaho ariko nta gahunda yo kubishyira mu bikorwa igaragara.

Andi makuru ava mu ba dipolomate avuga ko nubwo impande zombi zumvikanye, imbogamizi z’amafaranga zishobora kudindiza igikorwa cyo guhererekanya imfungwa ku ruhande rwa leta.

Iki kibazo gishobora gushakirwa igisubizo mu gihe kitarenze iminsi icumi, mu nama iteganijwe hagati ya Leta ya Kinshasa na AFC/M23 muri Qatar.

Hagati aho, aba basirikare bakomeje kwitabwaho na AFC/M23. Benshi banze kwinjira muri uyu mutwe none bakomeje kuwubera umutwaro, ubitaho buri munsi ku byo bakeneye, kandi ntacyo bawumariye na Leta yabo yaranze kubakira.

Mu kwezi kwa gatatu nibwo AFC/M23 yatangaje ko yashyikirije Komite Mpuzamahanga ya Croix Rouge abarwanyi ba Wazalendo n’Abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) barenga 5.000, bagiye bafatirwa ku rugamba mu bihe bitandukanye.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *