RDC: Inzego z’umutekano zavumbuye igisasu cyari giteze ahakorera Umujyi wa Beni

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’umutekano zaburijemo igitero nyuma yo kuvumbura, ku Cyumweru, igisasu cyari giteze mu kibanza cy’Umujyi wa Beni muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi w’umupolisi .

“Igisasu cyavumbuwe inyuma ya salle ya Thomas d’Aquinas cy’umujyi. Yari grenade yo mu bwoko bw’inshinwa, yasaga nk’aho iteze. Inzobere zatubwiye ko nta bundi buryo, ko zigomba kuyiturikiriza aho, ” uyu ni umuyobozi wa Teritwari ya Beni, Colonel Narcisse Muteba Kashale.

Yavuze ko ingamba zose zafashwe kugira ngo abantu bave mu nzira hafi aho mbere y’uko igisasu gituritswa.

Umuyobozi w’akarere ka Beni, yavuze ko kwibasira salle ya Thomas d’Aquin, bitera kwibaza byinshi. Ati: “Ni ukubera ko hari ibikorwa byinshi, hari abantu benshi baza gusaba salle? Cyangwa hari isomero ry’ababikira gatolika inyuma y’umujyi? aribaza.

Colonel Narcisse Muteba yerekanye kandi ko ukekwaho icyaha yatawe muri yombi, mu minsi yashize, ku mupaka wa Kasindi, afite ibikoresho biturika.

Ati: “Turi mu gace ibintu byose bigoye. Bivuze ko tudashobora kwirara”.

Yasabye abaturage bose kuba maso, abizeza ko inzego z’umutekano zizakomeza gukora akazi kazo nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga. Yashoje agira ati: “Ntabwo basinziriye, natwe ntituzasinzira.”

Muri Mutarama muri iyi Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ikindi gisasu cyaturikiye mu rusengero rw’abaporotesitanti i Kasindi, umujyi uhana imbibi na Uganda, gihitana abantu 14 abandi 63 barakomereka. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki gitero cyagabwe n’umutwe wa ADF.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *