Uwahoze ari inshuti ya Perezida Félix Tshisekedi, Jean-Marc Kabund, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 17 Ukwakira yasubiye mu rukiko .
Iperereza ku rubanza rwe rizakomereza imbere y’urukiko.
Mu iburanisha riheruka, ntabwo yitabye kubera impamvu z’ubuzima nk’uko iyi nkuru dukesha l’Interview ivuga.
Jean-Marc Kabund , yemerewe gufungirwa mu rugo, ariko aracyafungiwe muri Gereza Nkuru ya Makala, akaba ari yo mpamvu ashaka uruhare rwa Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Christophe Mboso, muri iki kibazo.
Iyi nkuru ikaba yibutsa ko uyu wahoze ari visi-perezida wa mbere wafunzwe by’agateganyo kuva ku ya 12 Kanama muri gereza nkuru ya Makala, akurikiranyweho gusuzugura umukuru w’igihugu ndetse no gukwiza ibihuha by’ibinyoma.


