RDC: Loni iravuga abantu biciwe Kishishe na Bambo ari 171 aho kuba 131

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri ushize, ibiro bishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Repubulia ya Demokarasi ya Congo byavuze ko ubwicanyi bwakozwe mu mpera z’Ugushyingo mu turere tubiri two mu burasirazuba bw’igihugu bwahitanye abasivili 171, bivugurura umubare w’abishwe wari watangajwe mbere .

Iperereza ry’ibanze ry’Umuryango w’Abibumbye mu Kuboza, ryavugaga ko hapfuye abantu 131, mu gihe abategetsi ba Kinshasa bavuze ko abagera kuri 300 bapfuye muri ubwo bwicanyi.

Muri raporo yaryo ngarukamwaka yasohotse ku wa Kabiri, itariki 07 Gashyantare Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu (UNJHRO) ryavuze ko byibuze abantu 171 bishwe mu duce twa Bambo na Kishishe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’itariki 21 na 30 Ugushyingo 2022, “.

Bati: “Ubu bwicanyi bwakozwe na M23” mu rwego rwo “kwihimura ku baturage kubera ko bakekwaho gukorana n’ingabo z’igihugu ndetse n’abashinzwe umutekano n’imitwe yitwaje intwaro bahanganye”.

Ni ibirego umutwe wa M23 wahakanye uvuga ko abakoze iperereza batageze aho bivugwa ubwicanyi bwabereye, usaba ko hakorwa iperereza ridafite aho ribogamiye.

Ku ruhande rwawo, umuryango utegamiye kuri Leta w’Abanyamerika uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) muri raporo yawo ku wa Mbere wavuze ko “inyeshyamba za M23 zishe byibuze abaturage 22 muri Kishishe” nyuma y’imirwano n’inyeshyamba zaho.

Muri raporo yayo, UNJHRO ivuga ko mu mwaka wa 2022, ibibera muri Kivu y’Amayaruguru byatewe ahanini no kongera kubura k’umutwe wa M23.

Mu mezi ashize, uyu mutwe wafashe uduce twinshi tw’amajyaruguru ya Goma kandi ukomeza gutera imbere mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amayaruguru.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda gushyigikira M23, ibyo bikaba bishimangirwa n’impuguke za Loni ndetse n’ibihugu by’iburengerazuba, nubwo Kigali ibihakana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *