RDC: Martin Fayulu yasabye Umuryango Mpuzamahanga kutemera intsinzi ya Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Martin Fayulu, wari umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri iki Cyumweru yavuze ko ari we mukuru w’igihugu wemewe nyuma y’aho Urukiko Rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga rwemeje ko Felix Tshisekedi ari we watsinze bidasubirwaho asaba Umuryango Mpuzamahanga kutemera ubutegetsi bwe.

Martin Fayulu ati:“ Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwongeye gushimangira, kimwe na CENI, ko ruri gukorera umuntu w’umunyagitugu ”.

Yongeyeho ko ntaho bitaniye no guhirika itegeko nshinga kubera ko rwashyize ku butegetsi umuntu utaratowe, aboneraho gusaba Umuryango Mpuzamahanga kutemera umwanzuro w’uru rukiko.

Ati: “ Ndongera gusaba Umuryango Mpuzamahanga wose kutemera ubutegetsi butemerewe n’amategeko guhagararira abaturage ba Congo .”

Iyi nkuru dukesha AFP irakomeza ivuga ko Fayulu yanasabye Abanyekongo gutegura imyigaragambyo yo mu mahoro mu gihugu hose yo kwamagana icyemezo cy’urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga.

Martin Fayulu yari yaregeye uru rukiko kuwa 12 Mutarama yamagana ibyavuye mu matora by’ibanze asaba ko amajwi yongera kubarwa, ariko birangira rwemeje bidasubirwaho intsinzi ya Felix Tshisekedi bivugwa ko hari ibyo yasezeranye na Perezida Kabila kugirango abashe gutsinda amatora.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *