Raporo y’ikigo gishinzwe kugenzura imicungire y’imari ya Leta muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ivuga ko miliyoni zirenga 400 z’amadolari y’inyungu z’imisoro sosiyete y’igihugu ishinzwe ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Gecamines, yavuze ko yishyuye mu isanduku y’igihugu yaburiwe irengero.
Gecamines aifite imigabane mike mu mishinga minini minini y’ubucukuzi bw’umuringa na cobalt ku Isi, harimo ikirombe cya Kamoto gicukurwamo umuringa cya Glencore na Mine ya Tenke Fungurume ya sosiyete yo mu Bushinwa, Molybdenum.
Gecamines imaze igihe kinini ishinjwa ruswa n’imiryango itegamiye kuri Leta n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Gecamines yakunze guhakana ibirego byose by’amakosa. Ku wa Gatandatu, umunyamabanga mukuru wayo ntiyigeze asubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro ku birego biherukank’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.
Raporo y’ubugenzuzi bwa IGF yabonwe na Reuters ivuga ko Gecamines yeretse abagenzuzi b’ubugenzuzi bukuru bw’imari (IGF) imisoro n’inguzanyo yishyuye mu isanduku ya leta ibarirwa muri miliyoni 591, ariko miliyoni 178 zonyine ni zo zishobora kuboneka kuri konti y’isanduku ya leta.
Raporo yanditswe ku ya 31 Gicurasi ariko ikaba itarashyirwa ahagaragara ku mugaragaro, ivuga ko miliyoni 413 z’amadorari zabuze zafashwe nkaho zanyerejwe kandi ko abagenzuzi bazakomeza iperereza ryabo.


