Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 10 Ukuboza, mu gikingi cyari icya Gen. Laurent Nkunda, ahitwa Kashunguru muri Teritwari ya Masisi, havumbuwe ahantu hari hahishe intwaro.
[ad id=”44145″]
Izi ntwaro zikaba ngo zaragaragaye nyuma yo gusaka kwakozwe n’abasirikare bo muri regiment ya 340 y’ingabo za FARDC.
Umuvugizi w’iyi regiment, Major Ndjike Kaiko, yatangaje ko bafashe mortier 4 n’imbunda yitwa MI 30. Ngo usibye uzo ntwaro, banafashe ibindi bikoresho. Ngo uwari ushinzwe kurinda izo ntwaro ariko yari yaracitse mu mezi 2 ashize nk’uko yakomeje abitangariza Radio Okapi dukesha iyi nkuru.
Yavuze ko uyu ari murumuna wa Gen Laurent Nkunda witwa Elysee ngo wahunze nyuma yo gukora ikindi cyaha.
Asobanura impamvu y’uko gusaka, Major Ndjike yavuze ko intego yari ukubuza abatunze intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuba bagira nabi.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Twababwira ko Gen. Laurent Nkunda yahoze ari umuyobozi w’umutwe wa CNDP, mu burasirazuba bwa Congo mu 2004, akaba yarafatiwe mu Rwanda mu 2009 ari naho afungiye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


