Perezida Félix Tshisekedi , wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yazamuye Umuyobozi w’umutwe ushinzwe kumurinda Tshiwewe Songesha Christian ku ipeti rya Liyetona Jenerali nk’uko bigaragara mu iteka rya perezida ryasomwe ejo ku wa Gatatu, itariki ya 3 Kanama, kuri televiziyo y’igihugu n’umuvugizi w’umukuru w’igihugu, Kasongo Mwema.
Uyu mugabo wizerwa n’umukuru w’igihugu yagizwe umuyobozi w’umutwe ushinzwe kumurinda kuva ku ya 22 Mata 2020, igihe Umukuru w’igihugu yakoraga amavugurura muri uyu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda umutekano wa perezida n’umuryango we. Icyo gihe yasimbuye Gen. Gaston Hugues Ilunga Kampete.
Afatwa nk’umugabo wifata, w’umwizerwa kandi ukora akazi ke neza ku buryo afite icyizere cyose cya Perezida Tshisekedi kandi nibyo umwanya nk’uyu uba ugomba guhabwa umuntu wizewe bihagije n’umukuru w’igihugu nk’uko byatangajwe n’umwe mu bo mu butasi bwa Congo ubwo yavuganaga na Jeune Afrique.
Uyu kandi yanemeje ko Gen. Tshiwewe anashimwa n’abasirikare bagenzi be nk’umuyobozi mwiza, ufite ubumuntu, n’ikinyabupfura.
Lt. Gen. Christian Tshiwewe ni muntu ki?
Christian Tshiwewe Songesha yavutse ku ya 27 Ukwakira 1968 i Lubumbashi, mu ntara ya Haut-Katanga y’ubu, ahahoze ari intara ya Lualaba. Afite imyaka mirongo itatu, mu 1998, yari mu basirikare ba mbere boherejwe mu myitozo muri Sudani nyuma y’ihirikwa rya Mobutu, wirukanwe ku butegetsi na Laurent Désiré Kabila. Kuva mu 1999 kugeza mu 2000, yize amasomo yo kuyobora umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu bakunze kwita na none “Mura” i Likasi, mu ntara ya Haut-Katanga y’ubu, ahabwa brevet ya etat major kubera uko yitwaye muri Angola .
Asubiye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yari umwe mu banyeshuri b’indashyikirwa bitabiriye amasomo ya ba komanda ba brigade mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Kinshasa hagati ya 2003 na 2004. Uyu watojwe kurwanya iterabwoba n’Abanyasiraheli muri Angola, yakomeje amasomo mu cyiciro cya kabiri kubwa Kabila mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi bwa Gisirikare n’Ingamba z’ubwirinzi i Kinshasa.
Muri icyo gihe, niko yagendaga azamuka mu ntera mu nzego z’ubuyobozi bwa gisirikare. Yagizwe umuyobozi wa brigade ya 10 ya Mura i Kinshasa mu 2003, agirwa umuyobozi wa regiment ya 13 y’ingabo zirinda umukuru w’igihugu ikorera i Lubumbashi, kuva mu 2007 kugeza mu 2011. Agarutse i Kinshasa mu 2011, yagizwe umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa n’ubutasi mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu kuva mu 2014 kugeza mu 2020, ubwo Félix Tshisekedi yamuzamuraga ku ntera akamuha ipeti rya General Major akanamugira umuyobozi w’umutwe ushinzwe kumurinda.


