Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere, itariki 10 Ukuboza wagumishijeho ibihano wafatiye umukandida Emmanuel Ramazani Shadary, uzahagararira ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyyijwe mu mpera z’icyumweru gitaha. Ni ibihano bireba abandi bayobozi bakuru b’igihugu 13.
Amakuru Ijwi ry’Amerika rikesha ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters, avuga ko ibyo bihano bishobora kongera agatotsi n’ubundi kari gasanzwe hagati y’uwo muryango n’ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ko ibyo bihano bigamije kuvogera ubusugire bw’igihugu no kwivanga mu matora. Leta ya Kongo isanzwe yarafashe icyemezo cyo kwima indorerezi zituruka mu muryango w’ibihugu by’Ubulayi uburenganzira bwo gukurikirana amatora. Iki cyemezo gikomeje kunengwa bikomeye n’abakandida batavuga rumwe na leta n’imiryango idaharanira inyungu za politike.
Mu kwezi gutaha ni bwo biteganyijwe ko Perezida Kabila azatanga ubutegetsi amazeho imyaka 18. Abakurikiranira hafi ibya politike ya Congo bemeza ko Shadary ari we uhabwa amahirwe menshi yo kuzatsinda ayo matora.
Uyu mukandida, Emmanuel Shadary wabaye ministiri w’umutekano mu gihugu arashinjwa gukoresha ingufu mu kuburizamo imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi guhera mu mwaka wa 2016 kugera mu mwaka ushize wa 2017.


