RDC: Umubiligi wari mu butumwa bw’indorerezi za EU yapfuye urupfu rudasobanutse

Sangiza iyi nkuru

Impuguke mu bijyanye n’ikoranabuhanga y’Umubiligi, wari umwe mu bagize ubutumwa bw’indorerezi mu matora zoherejwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) mu matora yo mu Kuboza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), yapfuye mu buryo butarasobanuka neza.

Nk’uko amakuru abanza abitangaza, uyu ngo yahanutse ku igorofa ya 12 ya hotel yararagamo. Ubushinjacyaha bwatangije iperereza kugira ngo bumenye uko byagenze, nk’uko amakuru aturuka muri nzego za diplomasi agera kuri ACTUALITE.CD avuga.

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Gatanu, kandi bimenyekana kare mu gitondo. Umushinjacyaha yari ahari na serivisi nyinshi ngo hakorwe iperereza.

Impuguke yapfuye yari mu itsinda ryunganira impuguke umunani mu nzego zitandukanye, zirimo ibijyanye n’amatora, politiki, amategeko, uburenganzira bwa muntu, uburinganire, ba nyamucye, itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *