FR NW PKG CLEAN L'ENTRETIEN MOISE KATUMBI 16 decembre -AUBIN Sophian-

RDC: Umunyapolitiki Katumbi aramagana umugambi wo guhindura itegeko nshinga

Sangiza iyi nkuru

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Moïse Katumbi, Perezida w’ishyaka Ensemble pour la République, araburira guverinoma ayisaba kwirinda ihindurwa ry’itegeko nshinga rishobora guharurira inzira igana kuri manda ya gatatu Perezida Félix Tshisekedi.

“Ntabwo ari ukubera Itegeko Nshinga kuba tudagifite imihanda, abakozi ba Leta bahembwa nabi, abana bapfa bicwa n’inzara, cyangwa se kuba nta kazi,” ibi ni ibyatangajwe na Katumbi mu kiganiro yahaye RFI.

Ibi byatangajwe mu gihe Abepiskopi Gatolika na bo batanga inama yo kwirinda igikorwa icyo ari cyo cyose nk’icyo, bemeza ko gishobora kurushaho gukomeza ikibazo cy’umutekano.

Umuhamagaro wo kuba maso

Moïse Katumbi rero agira ati: “Ibintu birakomeye”, mu gihe asaba rubanda kuba maso ku ngamba zose zigamije guhindura Itegeko Nshinga.

Yagize ati: “Ndasaba abaturage ba Congo kuba maso bakavuga ngo oya kuri iri hindurwa ry’itegeko nshinga. Dukeneye amahoro mu gihugu cyacu, dukeneye ubumwe bw’igihugu cyacu. Reka twitegure; tugomba kwirwanaho kugira ngo Itegeko Nshinga ryacu ridakorwaho. Dufite Itegeko Nshinga ryiza ku isi.”

Ku bwa Moïse Katumbi, ibibazo igihugu gifite ntibiva ku Itegeko Nshinga, ahubwo bituruka ku miyoborere iriho. Yakomoje kuri Perezida Félix Tshisekedi mu buryo butaziguye, amwibutsa intambara barwananye yo kurwanya ivugurura iryo ari ryo ryose ry’itegeko nshinga ku butegetsi bwabanje.

Moise Katumbi yiyongereye ku bandi batavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Demokarasi ya Congo nka Senateri Bahati Lukwebo, Joseph Kabila na Seth Kikuni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *