RDC: Umutwe uvuga ko wishingikirije ku Mana wishe abantu 12

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangaje ko abantu bagera kuri 12 bahitanywe n’igitero cyagabwe n’umutwe w’abitwaje intwaro wa Bundu Dia Mayala biyitirira ko barwanirira Imana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
AFP ivuga ko ubu bwicanyi bwakorewe mu mujyi wa Kinshasa abantu 12 bagapfa barashwe naho abapolisi 2 bagakomereka bikabije.
Abarwanyi b’umutwe wa Bundu Dia Mayala bagabye icyo gitero baririmba indirimbo zaririmbiwe Imana ziherekejwe n’ibyivugo birwanya inzego za leta ziriho.
Amakuru yatanzwe n’umuvugizi w’igipolisi, Pierrot Rombaut Mwanamputu avuga ko humvikanye amasasu menshi ku buryo nyuma yo kurasa aba baturage hashize umwanya munini hataramenyekana abateje umutekano mucye.
Nyuma ngo nibwo hagaragaye ibimenyetso ko abarwanyi bo muri uyu mutwe ari bo babyihishe inyuma.
Igipolisi kandi kivuga ko uyu mutwe wari ufite kugaba igitero kuri gereza nkuru ya Kinshasa ariko inzego z’umutekano zikaburizamo umugambi wo gucikisha imfungwa nk’uko bimaze igihe bikorwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Hari impungenge ko muri turiya duce hashobora kongera kuba intambara mu basivili aho kuva mu 1990 hamaze kubarurwa abasaga Miliyoni bamaze gupfa muri ubu buryo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *