capture-28.jpg

RDC: Urujijo ku waba arimo kugenzura Kibumba hagati ya FARDC na M23

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kirigamba kuba cyisubijje 90% by’ibice bigize Gurupoma ya Kibumba kibifashijwemo n’indege z’intambara za Su-25, ariko uruhande rwa M23 rukabinyomoza ruvuga ko nta nta sentimetero ya Kibumba zafashe .

Iyi nkuru dukesha Mediacongo iravuga ko uduce twa Kabuhanga, Kabuye, Rwibiranga, Nyundo, Kanyamahoro, byose ubu biri mu maboko ya FARDC. Gusa, umunyamakuru Daniel Michombero we kuri twitter yavuze ko uduce twa Rwibiranga na Kanyamahoro turi muri Gurupoma ya Buhumba kandi nta gace na kamwe ka Kibumba kafashwe na FARDC.

Ni nyuma y’aho kuri uyu wa Kane hagaragaye amashusho y’abapolisi ba Congo bari kumwe n’abasirikare bacye bavuga ko bari i Kibumba bari gucunga umutekano w’abaturage bagaragara mu muhanda wa kaburimbo.

Ibi ariko binyomozwa na none na Goma24 kuri twitter ivuga ko aho aba bapolisi bagaragaye atari i Kibumba ahubwo ari Kanyarucinya. Bakabyemeza babishingira ku kuba ngo umuhanda wa Kibumba nta kaburimbo irimo nk’uwo abo bagaragayemo muri ayo mashusho.

capture-28.jpg

Ibintu rero bikaba bikomeje kuba urujijo ku bijyanye na Kibumba, aho FARDC ivuga ko isa nk’iyayisubije yose, mu gihe abandi bavuga ko ikiri mu maboko ya M23 kuva kuwa Gatatu ushize.

Ku rundi ruhande, abaturage batuye i Tongo kuri uyu wa Kane batangarije France24 ko abarwanyi ba M23 bamaze kwinjira muri aka gace kegereye Pariki ya Virunga, ku muhanda werekeza i Masisi.

Aya makuru akaba yaranemejwe n’umuyobozi w’ibanze uvuga ko aba barwanyi binjiye no mu biro bye, ndetse n’umwe mu bashinzwe umutekano wemeje ko izi nyeshyamba zigenzura Tongo yose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *