RDC: Vital Kamerhe agarutse mu kibuga cya politiki nyuma y’imyaka 2 afunzwe

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi arasubukura ibikorwa bya politiki kuri uyu wa Mbere nyuma y’imyaka ibiri atari mu rubuga cya politiki kubera gufungwa. Uyu munsi arayobora inama ya biro politiki y’ishyaka rye, Union pour la Nation congolaise (UNC).

Nyuma yo kubonana imbonankubone na Perezida Félix Tshisekedi ku itariki ya 28 Kamena inama yo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 22 Kanama yagejejwe ku bayoboke ba UNC ndetse n’abandi bayobozi bakuru, izaba, kuri Vital Kamerhe, igikorwa cya mbere cya politiki cyemewe kuva yagirwa umwere mu mezi abiri ashize.

Iki cyemezo cyo kumurekura cyashyize iherezo ku cyafashwe n’abayoboke be nk’urubanza rwa politiki rwatwaye umuyobozi wabo w’imyaka 63 umwanya w’umuyobozi w’ibiro by’umukuru w’igihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Mu 2020, Vital Kamerhe, wemeye guhagarika inzozi ze mu gihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu ya 2018 agashyigikira Tshisekedi, yakatiwe igifungo cy’imyaka makumyabiri ashinjwa kunyereza amafaranga yagenewe gahunda yihutirwa y’iminsi 100 ya Perezida Tshisekedi uri ku butegetsi kuva mu 2019.

Nyuma yo kwambuka ubutayu, igihe kirageze cyo gusuzuma imyaka ibiri ishize, nk’uko byatangajwe n’umufatanyabikorwa wa hafi wa Kamerhe, uvuga ko umuyobozi we, nko muri 2018, ateganya kugira uruhare runini mu gushakira manda nshya y’imyaka itanu Felix Tshisekedi.

Ikibuga cya politiki cyari cyarahindutse igihe Kamerhe yari muri gereza, ariko ishyaka rye ryagumanye umwanya waryo mu ihuriro riri ku butegetsi hamwe n’abayoboke batanu muri guverinoma iriho.

Mu mezi 16 asigaye mbere y’amatora rusange, Vital Kamerhe arateganya, guhera mu kwezi kwa Nzeri, kuzenguruka igihugu cyose agaragariza abayoboke be ko agihari.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *