RDC yasobanuye impamvu itatumiye Mushikiwabo mu mikino ya OIF

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo yasobanuye impamvu itatumiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, mu mikino y’uyu muryango izabera i Kinshasa.

Nyuma y’amasaha make guverinoma ya RDC itangaje ko Mushikiwabo azitabira iyi mikino, Umuvugizi we, Oria Vande Weghe, kuri uyu wa 25 Nyakanga 2023 yatangaje ko atazajya i Kinshasa kubera ko atatumiwe nk’uko biteganyirizwa Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango.

Yagize ati: “Igihugu kiri gutegura amarushanwa cyoherereza ubutumire ibihugu ariko kikanohereza ubutumire ku Munyamabanga Mukuru. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga nk’uko byari byabivuzwe mu nama rusange yaratuvugishije kugira ngo hemezwe umunsi azabuzaniraho ariko nyuma baje kuvuga ngo imikino n’ubundi ni iyanyu ntabwo akeneye ubutumire.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, mu kiganiro na radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) kuri uyu wa 26 Nyakanga 2023, yabajijwe impamvu atatumiye Mushikiwabo, asubiza atari kumutumira kuko OIF ayobora ari yo itegura iyi mikino.

Lutundula yagize ati: “Nta butumire bwihariye twari guha Umunyamabanga Mukuru wa OIF. Ntabwo dutumira umuntu utegura.”

Imikino ya OIF izatangira tariki ya 28 Nyakanga 2023, irangire ku ya 8 Kanama 2023.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. RDC yasobanuye impamvu itatumiye Mushikiwabo mu mikino ya OIF
    Ibaze ariko?bariya baTypes politik&Diplomacy byarananiye,niyo mpamvu birirwa birukaaaaa bikarangira bazindukiye ubusa nk’igihu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *