RDC yihakanye ijwi ryumvikanamo Gen. Omega wa FDLR

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Gen. Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, yamaganye ijwi rimaze iminsi rikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ryumvikanamo izina rya General Pacifique Ntawunguka (Omega) uyobora umutwe witwaje intwaro wa FDLR.

Iri jwi ry’iminota 13 ryumvikanamo uwiswe ‘General Mugabo’ aganira n’uwo yita ‘Excellence’ bivugwa ko ashobora kuba ari Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, Minisitiri w’ingabo Kabanda Gilbert cyangwa se undi musirikare mukuru.

‘Excellence’ yumvikana mu Ilingala yinubira kuba ingabo za RDC zarananiwe guhangana n’umutwe witwaje intwaro wa M23, ukazirukana mu gace ka Kitshanga, teritwari ya Masisi tariki ya 26 Mutarama, ndetse abaza aho Gen. Omega aherereye muri uwo mwanya.

Uyu muyobozi yumvikana kandi asaba Gen. Mugabo nimero ya telefone ya Gen. Omega kugira ngo bavugane, ndetse anamutegeka ko ingabo za RDC zigomba gukora ‘contre attaque’, zikirukana abarwanyi ba M23.

RDC yihakanye ijwi

Gen. Maj. Ekenge mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 29 Mutarama 2023, yavuze ko iri jwi ryahimbwe bigizwemo uruhare na Brig. Gen. Bernard Byamungu wo muri M23 ndetse ngo n’abo “muri serivisi z’ubutasi z’u Rwanda”.

Amakuru uyu musirikare wa RDC yamenye ni uko uyu ‘Excellence’ wumvikana mu ijwi ari Minisitiri w’ingabo, Gilbert Kabanda. Aremeza ko Minisitiri adafite ububasha bwo guha amabwiriza ingabo ziri ku rugamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *