RDF yemeje ko umusirikare wayo yakomerekeye mu mirwano n’ibyihebe muri Mozambique

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga kuri uyu wa 29 Nyakanga 2021 yatangaje ko umusirikare umwe w’iki gihugu yakomerekeye mu mirwano n’ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Col. Rwivanga yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta kirebana n’umubano w’u Rwanda na Mozambique.

Yavuze ko tariki ya 26 Nyakanga 2021 aba barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu wiyita Al Shabaab wagabye igitero mu gace ka Awasse ingabo z’u Rwanda zifitemo ibirindiro.

Icyo gihe, ingabo z’u Rwanda zabasubije inyuma, zicamo babiri, ariko nazo zikomerekamo umusirikare umwe (amazina ye ntiyatangajwe), ajyanwa kwa muganga.

Ubwo ingabo z’u Rwanda zari zijyanye uyu musirikare kwa muganga, aba barwanyi baraziteze ariko nabwo zibasubiza inyuma, imirwano irangira ityo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *