Real Madrid yegukanye UEFA Champions League 2022, yegukanye igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs itsinze Al Hilal yo muri Arabie Saoudite ibitego 5-3.
Kuri uyu wa 11 Gashyantare 2023, Real Madrid yakuye igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs i Rabat muri Morocco.
Real Madrid yatangiye iyoboye umukino ndetse mu buryo bwihuse cyane, ku munota wa 13 gusa VinĂcius JĂșnior yari afunguye amazamu. Nyuma y’iminota itanu gusa Federico Valverde yatsinze igitego cya kabiri.
Nta gihe kinini gishize, ku munota wa 26, rutahizamu ukomoka muri Mali, Moussa Marega, yatsindiye Al Hilal igitego cya mbere bituma ijya mu kiruhuko cy’igice cya mbere yagaruye icyizere.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku ruhande rwa Real Madrid ‘Los Blancos’ aho Karim Benzema yahise atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 54 ku mupira wari utewe neza na VinĂcius JĂșnior maze myugariro wa Al Hilal akananairwa kuwukuraho neza.
Real Madrid yakomeje kugaragaza ko ishaka igikombe ubwo ku munota wa 58 nyuma yo gukinana rimwe-rimwe Dani Calvajal yahaye Fede Valverde umupira maze ahita yandika igitego cya kane mu mukino ari nako yuzuza ibitego 10 muri uyu mwaka w’imikino.

Federico Valverde watsinze ibitego bibiri agahita yuzuza ibitego 10 muri iyi season
Amakipe yombi yakomeje gukina umukino ufunguye kuko ku munota wa 63 Vietto yatsindiye Al Hilal igitego cya 2 mbere gato y’uko VinĂcius JĂșnior atsindira Real Madrid agashinguracumu ku mupira wari uturutse muri koruneri nyuma y’akazi gakomeye kari kakozwe na Dani Ceballos, inzozi z’abahungu babarizwa mu mujyi wa Riyadh zirangira zityo.

Gusa Al Hilal ntiyacitse intege burundu, kuko ku munota wa 79 Luciano Vietto yongeye guhindukiza umuzamu Andriy Lunin ku nshuro ya 3 ku mupira yari ahawe na Michael.
Umukino waje kurangira Real Madrid yegukanye igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs ku nshuro ya 5 aho irusha FC Barcelona iyikurikiye ibikombe 2.

Mbere y’uko Real Madrid iza i Rabat muri Morocco, Carlo Ancelotti uyitoza bari bamuteze iki gikombe ko aramutse atacyegukanye ashobora guhita yirukanwa nyuma yo kumara iminsi atirwara neza muri La Liga.
Real Madrid izongera gukina muri La Liga mu ijoro ryo ku wa gatatu ubwo izaba yesurana na Elche, mu gihe Al Hilal ku munsi nk’uwo izakina na El-Feiha muri Shampiyona ya Arabie Saoudite.


