téléchargement (11)

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Rtd Maj. Rugamba Robert na Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwamaze gushyikiriza ubushinjacyaha Dosiye ya Rtd Major Rugamba Robert na Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo n’icyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.

Mu kwezi gushize nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu 7 bafite aho bahuriye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro budakurikije amageko, barimo na Rtd Major Rugamba Robert uzwi cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza.

Abo bantu 7 bakaba barafashwe nyuma y’uko Polisi ifashe abandi 17 bakekwaho kugira uruhare mu gutera kompanyi yitwa ALMAHA icukura amabuye y’agaciro mu karere ka Nyanza, bagakomeretsa abantu 8, bakiba n’ibiro 200Kg by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan.

Icyo gihe Polisi ntiyatangaje umwirondoro w’umwe ku wundi mu batawe muri yombi, gusa amakuru akaba yaravugaga ko mu batawe muri yombi, harimo na Rtd Major Rugamba Robert ufite ikompanyi icukura amabuye y’agaciro yitwa Rugamba Mining Company Ltd.

Polisi ikimara kumuta muri yombi agashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha RIB rukorera kuri Sitasiyo ya Nyanza, nyuma rwaje kumurekura aho umuvugizi w’uru rwego Dr. Murangira B Thierry yatangaje ko Rtd Major Rugamba arimo kugenzwaho ibyaha adafunzwe.

Mu kwezi gushize nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu 7 bafite aho bahuriye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro budakurikije amageko, barimo na Rtd Major Rugamba Robert uzwi cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza.

Abo bantu 7 bakaba barafashwe nyuma y’uko Polisi ifashe abandi 17 bakekwaho kugira uruhare mu gutera kompanyi yitwa ALMAHA icukura amabuye y’agaciro mu karere ka Nyanza, bagakomeretsa abantu 8, bakiba n’ibiro 200Kg by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan.

Icyo gihe Polisi ntiyatangaje umwirondoro w’umwe ku wundi mu batawe muri yombi, gusa amakuru akaba yaravugaga ko mu batawe muri yombi, harimo na Rtd Major Rugamba Robert ufite ikompanyi icukura amabuye y’agaciro yitwa Rugamba Mining Company Ltd.

Polisi ikimara kumuta muri yombi agashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha RIB rukorera kuri Sitasiyo ya Nyanza, nyuma rwaje kumurekura aho umuvugizi w’uru rwego Dr. Murangira B Thierry yatangaje ko Rtd Major Rugamba arimo kugenzwaho ibyaha adafunzwe mu gihe Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi we afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *