Rio Ferdinand wahagaritse guconga ruhago, yerekeje mu iteramakofi

Sangiza iyi nkuru

Uwakanyujijeho muri ruhago, Rio Ferdinand, yatangaje ku mugaragaro ko nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru, akomereje mu mukino w’iteramakofi nk’uwabigize umwuga.
Uyu mugabo w’imyaka 38, yahagaritse gukina umupira w’amaguru mu myaka 2 ishize, ni umwe mu bakinnyi babaye inkingi za mwamba mu ikipe ya Manchester United n’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, yasezeye muri ruhago muri 2015 ubwo yakiniraga Queens Park Rangers.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibinyamakuru bitandukanye bivuga ku mikino mu Bwongereza, bivuga ko Rio Ferdinand yirinze kuvuga byinshi birambuye bijyanye n’uyu mukino ataramenyerewemo gusa ngo iki cyemezo uyu mugabo agifashe mu rwego rwo kwiyibagize ibyago yagize mu gihe gishize cyo gupfusha umugore we witabye Imana azize Cancer.
Rio ateye ikirenge mu cya bagenzi be bakinaga ruhago nyuma bagahitamo gukina umukino w’iteramakofi barimo, Curtis Woodhouse na Leon McKenzie.
rio
 
Jean de Dieu Dushimimana — bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *