Hari ukutumvikana hagati ya Rwanda Premier League (RPL) na FERWAFA ku bijyanye n’ibikombe bizatangwa ku musozo wa BK Pro League 2025/26, cyane cyane kubera amakipe yo muri Sudani ari gukina muri iyi shampiyona.
Byatangiye ku wa Mbere tariki ya 11 Gicurasi 2026, ubwo Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yatangazaga ko hazatangwa igikombe kimwe gusa kizahabwa ikipe izarangiza ari iya mbere muri shampiyona, kabone n’iyo yaba iyo muri Sudani.
Yavuze ko amakipe nka Al Hilal SC cyangwa Al Merrikh SC ashobora gutwara igikombe cya BK Pro League, ariko amafaranga y’igihembo nyamukuru angana na miliyoni 80 Frw agahabwa ikipe ya mbere yo mu Rwanda.
Shema yavuze kandi ko kubera amabwiriza ya CAF, amakipe yo muri Sudani atazaserukira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, ahubwo hazajyayo ikipe yasoje ari iya mbere mu makipe yo mu Rwanda.
Ibi byahise bitungura benshi kuko mbere hari hamaze igihe havugwa ko RPL iteganya gutanga ibikombe bibiri: kimwe ku ikipe ya mbere muri rusange, n’ikindi ku ikipe ya mbere yo mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026, Rwanda Premier League yahise isohora itangazo rivuguruza amagambo ya FERWAFA.
RPL yavuze ko gahunda y’ibikombe bibiri itigeze ihinduka, ndetse ko byari byarumvikanyweho kuva amakipe yo muri Sudani yemererwa gukinira mu Rwanda.
Nk’uko RPL yabitangaje, ikipe yo muri Sudani izarangiza ari iya mbere izahabwa igikombe cy’icyubahiro cya “BK Pro League Champions 2025/26”, ariko ntihabwe amafaranga y’ibihembo.
Hakazatangwa kandi ikindi gikombe cya “BK Pro League National Champions” ku ikipe yasoje ari iya mbere mu makipe yo mu Rwanda, ari na yo izaserukira igihugu muri CAF Champions League 2026/27.
Ibi byose biri kuba mu gihe Al Hilal SC ikomeje kuyobora shampiyona n’amanota 70, irusha amanota 11 APR FC iri ku mwanya wa kabiri.
Mu makipe y’u Rwanda, APR FC ni yo iri hafi kwegukana umwanya wa mbere, aho irusha Rayon Sports amanota umunani mbere y’imikino ya nyuma ya shampiyona.


