Rubavu: Gitifu yasabye ko ibaruwa yanditse yegura iteshwa agaciro

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba w’Akarere ka Rubavu, Ngabonzima Jean de Dieu, kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021 yasabye ko ibaruwa y’ubwegure aherutse kwandika yateshwa agaciro kuko ngo yayanditse ari ku gitutu.

Tariki ya 5 Nyakanga ni bwo mu Karere ka Rubavu hamenyekanye inkuru y’ubwegure “ku mpamvu bwite” bw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari turindwi. Ni icyemezo bafatiye mu nama y’umutekano y’Akarere yari yitaribiriwe n’abayobozi barimo abagize Komite Nyobozi yako n’abashinzwe umutekano.

Bamwe muri aba ba Gitifu baje guhishurira itangazamakuru ko batigeze begura ku bushake, ko ahubwo babikoze babitegetswe, bakaba baraziraga ko ngo bagaragaje intege nke mu gukurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 mu tugari bayoboye.

Aba ba Gitifu batangaje ko barenganye, ko bazitabaza inzego bireba nka Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo zibarenganure. Umwe muri bo yavuze ko atazava mu kazi mu gihe atarashyikirizwa ibaruwa imusezerera.

Ngabonzima we yafashe icyemezo cyo kwandikira ubuyobozi bw’akarere, abusaba ko iyi baruwa yanditse yegura yateshwa agaciro, agasubira mu kazi. Ati: “Ngira ngo mbasabe gutesha agaciro ibaruwa nanditse yo gusaba guhagarika akazi burundu …kuko iyo nanditse nayanditse ndi ku gitutu cy’ubuyobozi bwabinsabye kandi ndengana.”

Ibikubiye muri iyi baruwa byamenyeshejwe abayobozi barimo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba n’abo mu nzego z’Akarere ka Rubavu zitandukanye.

Bwiza yamenye ko n’abandi beguye bashobora kuba bandikiye ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, basaba ko amabaruwa bandikiye ku gitutu yateshwa agaciro, bagasubira mu kazi.

Ni mu gihe ariko Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique yari yabwiye itangazamakuru ati: “Handitse abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari turindwi bifuza kwegura kuko bananiwe gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Bakaba bari bamaze igihe bagaragaza intege nke mu nshingano zabo ndetse bagiriwe inama kenshi.”

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *