Ruswa ivuza ubuhuha hagati ya Perezida Museveni, Minisitiri Kutesa n’Abashinwa

Sangiza iyi nkuru

Akanama k’abanyamategeko ko mu Mujyi wa Newyork muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kahamije umuyobozi w’umuryango utegamiye kuri Leta ( CEFC NGO) , Chi Ping Patrick Ho ibyaha birindwi birimo ibya ruswa y’amamiliaridi y’umurengera w’amadolari yagiye aha ababobozi ba Uganda barimo Perezida Museveni na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa.

Ibi byatangajwe n’Umushinjacyaha Mukuru Wungirije w’igice gishinzwe gukurikirana ibyaha, Brian A. Benczkowski na mugenzwi we New York y’amajyepfo, Geoffrey S.Berman kuri uyu wa Gatanu tariki ya   7 Ukuboza 2018.

Uyu mushinwa uzi nka He Zhiping w’imyaka 69 nk’uko inkuru ya Chimpreports ibivuga, yagiye aha amafaranga y’umurengera aba bayobozi ba Uganda kugira ngo amakompanyi  ya peteroli na gazi y’Abashinwa atsindire amasoko.

Biravugwa ko kandi uyu mushinwa  yahaye  ruswa  ya miliyoni ebyiri z’amadolari ya Amerika   Perezida wa Chad, Idriss Berby yifashishije CEFC ifite ibirindiro mu Bushinwa no muri Leta ya Virginia muri Amerika. Gusa ngo Derby yanze kwakira aya mafaranga.

Umushinjacyaha Benczkowski ati “  Patrick Ho yagiye yishyura  nka ruswa ku bayobozi b’ibihugu bibiri byo muri Afurika  kugira ngo amakompanyi yo mu Bushinwa agire umutekano. Uyu munsi turamucira urubanza kugira ngo  duhangane n’abitwaza imikorere y’ubukungu bwacu bagatanga ruswa mu ihangana ridaciye mu mucyo.”

Mugenzi we Berman yagize ati “  Ibikorwa bya Ho byo gutanga ruswa si ibikorwa bye bisanzwe gusa tugomba guhangana n’icyatuma ihangana ku isoko mpuzamahanga ridaca mu mucyo.”

Ku bayobozi ba Uganda nk’uko ibimenyetso byerekanwe mu rukiko bivuga, Ho yahaye Minisitri Kutesa  ibihumbi 500 by’amadolari ya Amerika binyuze kuri Sam Kutesa kugira ngo kompanyi y’Abashinwa yitwa CEFC China ikorera mu Mujyi wa Shanghai ikaba ikora ku rwego mpuzamahanga ku bijyanye na peteroli, gazi n’amabanki ibererekerwe.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Uyu mushinwa kandi ngo yahaye Perezida Museveni ibihumbi 500 by’amadolari ya Amerika kandi anabasezeranya ( Museveni na Kutesa) kuzakorana nabo mu minsi iri imbere mu gukomeza kurya bitugukwaha.

Ku rundi ruhande Leta ya Uganda itera utwatsi ibivugwa kuri Kutesa.  Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga iyobowe n’uyu mugabo iherutse gushyira hanze itangazo ivuga ko Kutesa yagiye abonana na Patrick Ho nk’Umuntu wari uyoboye  Inama Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (2014-2015). Ihamya ko ntaho ahuriye n’ibi bivugwa ko yaba yarijanditse mu kurya ruswa.

Niba Abashinwa aho babonye isoko akenshi baba batanze ruswa, ese muri Afurika ni uwuhe mukuru w’igihugu waba atarayiryaho?

Biteganyijwe ko Patrick Ho azakatirwa kuwa 14  Werurwe 2019.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *