rebelles_m23_est_24_png_711_473_1_png_711_473_1

Rutshuru: M23 yakozanyijeho na CMC/Wazalendo muri Bukombo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Kamena, ikibazo cy’umutekano cyakomeje gufata intera, muri Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru, ho  muri Kivu y’Amajyaruguru, ahabereye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za M23 n’umutwe witwaje intwaro witwa Wazalendo witwa CMC wa Dominique Ndaruhutse.

Imirwano yibasiye cyane cyane imidugudu ya Bipfura na Kanyatsi, muri Gurupoma ya Bukombo, guhera mu rukerera rwo kuwa Kabiri.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko guhangana kurimo intwaro ziremereye n’izoroheje byumvikanye mu masaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, bitera ubwoba ndetse no kwimura abaturage benshi berekeza i Mashango na Mwesso, mu gace kegeranye na Masisi.

 

 

Uku gukozanyaho ngo ni kumwe mu bigize imirwano ikomeje kubera muri aka karere mu byumweru byinshi bishize, aho ngo izindi gurupoma nka Bambo, Tongo, na Kihondo na ho hagiye habera imirwano yahitanye abantu nk’uko inkuru dukesha mediacongo.net ivuga.

Ku mpande zombi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ingabo zihanganye, inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo, bigaragara ko ngo zirimo gukomeza ibirindiro byazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *