Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 bari ku burinzi ku muhanda Goma-Rutshuru muri Parike y’Igihugu ya Virunga, biravugwa ko zaguye mu gico zari zatezwe n’abarwanyi ba Wazalendo ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025.
Ni igico bivugwa ko izo ngabo zategewe hafi y’agace ka Rumangabo muri Teritwari ya Rutshuru.
Amakuru avuga ko ubwo byabaga impande zombi zarasanye, birangira imodoka ya AFC/M23 itwitswe nyuma y’uko ingabo zayo zari zimaze gutatanywa na Wazalendo.
Bivugwa ko muri iyo mirwano kandi ko hari ingabo za AFC/M23 zaba zarishwe, n’ubwo uyu mutwe utaremeza cyangwa ngo unyomoze ayo makuru.
ACTUALITE.CD ivuga ko iyo mirwano yaciye igikuba mu baturage bo muri kariya gace, ndetse amakuru avuga ko ejo kuri Noheli ibintu byari bikimeze nabi by’umwihariko mu duce twa Rumangabo, Karambi na Rugari.
Bivugwa ko Wazalendo nyuma yo kugaba kiriya gitero mu buryo bwa gicengezi zahise ziva muri ako gace kamaze igihe kirekire kagenzurwa na AFC/M23.


