Guverinoma y’u Buholandi yohereje mu Rwanda Rutunga Venant w’imyaka 72 y’amavuko , urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwahise rumufatira ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.
Rutungwa akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari ISAR Rubona muri Prefecture ya Butare, yoherejwe kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera bw’u Rwanda nk’uko Umuvugizi w’ubushinjacyaha Nkusi Faustin yabitangaje.
Inzego z’umutekano zataye muri yombi Rutunga mu 2019 nyuma y’aho u Rwanda rwatangaje ko rumukurikiranyeho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.




