Rwamagana: Abangamiwe n’abaturanyi be bamusaba kujugunya abana bafite ubumuga

Sangiza iyi nkuru

Nyirabahinde Jacqueline utuye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Nyamirama aravuga ko abangamiwe n’abaturanyi be bamuha akato kubera abana 2 yabyaye bavukanye ubumuga bw’uruhu, aba baturanyi ngo bakaba bamusaba kujugunya abo bana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mugore w’abana 3, babiri muri bo bafite ubumuga bw’uruhu. Avuga ko kuva yababyara abaturanyi be ndetse n’abo mu muryango we bamujujubije kubera abo bana bamubwira ko ntacyo bamaze.
Uretse abaturanyi b’uyu mugore bamuha akatokubera ibara ry’uruhu aba bana bavukanye, umwe muri bo w’imyaka 5 yanze ishuri kubera ko abandi bana bamuseka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uhagarariye abafite ubumuga muri kariya karere Gakumba Robert avuga ko iki kibazo agiye kukigeza mu nzego zibishinzwe zikagikurikirana ndetse n’ibindi bibazo bigishamikiyeho bikaba byabasha gukurikiranwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *