Senegal: Umukandida Faye utavuga rumwe n’ubutegetsi ari imbere mu matora ya perezida

Sangiza iyi nkuru

Ibya mbere byavuye mu matora ya perezida wa Senegal bishyira imbere umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi Bassirou Diomaye Faye, byatumye abamushyigikiye bigabiza imihanda batangira ibirori, nubwo uwo bahanganye cyane wo mu ihuriro riri ku butegetsi yavuze ko hazakenerwa icyiciro cya kabiri kugira ngo hamenyekane uwatsinze.

Nibura batanu mu bakandida 19 bari mu irushanwa basohoye itangazo nyuma y’ibyavuye mu matora by’agateganyo nyuma y’amatora yo ku Cyumweru, bashimira Faye w’imyaka 44 y’amavuko.

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Amadou Ba, umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, yavuze ariko ko ibirori bitaragera nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Abashinzwe kwiyamamaza kwa Ba mu itangazo bagize bati: “Ku ruhande rwacu, kandi urebye ibitekerezo byatanzwe n’ibisubizo byatanzwe n’itsinda ryacu ry’impuguke, tuzi neza ko, ni biba bibi, tuzajya mu cyiciro cya kabiri.”

Abantu babarirwa muri za miriyoni bitabiriye igikorwa cyo gutora perezida wa gatanu wa Senegal mu mahoro nyuma y’imyaka itatu y’imyivumbagatanyo ya politiki itarigeze ibaho yateje imyigaragambyo yo kurwanya leta kandi yongereye imbaraga abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *