images (1)

Sénégal yavuze ikigomba gukurikiraho nyuma yo kwamburwa Igikombe cya Afurika 

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal (FSF), ryateye utwatsi icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) cyo kwambura Sénégal Igikombe cya Afurika cya 2025 yari yaratwaye kigahabwa Maroc.

FSF mu itangazo ririmo uburakari yasohoye, yamaganye kiriya cyemezo, ivuga ko ari “akarengane, kadasanzwe kandi katemewe.”

Ririya shyirahamwe ryashimangiye ko ibyavuye mu kibuga aho Sénégal yari yatsinze Maroc igitego 1-0 bidakwiye guteshwa agaciro n’ibyemezo byo hanze y’ikibuga.

Abayobozi ba FSF bavuga ko icyemezo cya CAF kitambura gusa Sénégal igikombe yari yegukanye, ko ahubwo kinahungabanya icyizere mu miyoborere y’umupira w’amaguru muri Afurika.

Ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe ni bwo CAF yatangaje ko Sénégal yambuwe igikombe cya Afurika kigahabwa Maroc, nyuma yo kuyitera mpaga y’ibitego 3-0.

Ni icyemezo cyateje impaka zikomeye hirya no hino muri Afurika, aho abakunzi b’umupira, abasesenguzi ndetse n’abahoze ari abakinnyi bibaza ku buryo cyafashwemo n’ingaruka zacyo.

FSF ivuga ko urugamba rutararangira, kuko nyuma yo kwamburwa igikombe yatangaje ko igiye gutanga ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga Nkemurampaka mu bya Siporo (CAS).

Uru rukiko rufatwa nk’urwego rwo hejuru mu gukemura amakimbirane ya siporo ku Isi.

Binyuze muri CAS, Sénégal yizeye ko icyemezo cya CAF gishobora gusubirwamo cyangwa kigahindurwa hashingiwe ku mategeko.

Mu byumweru biri imbere, biteganyijwe ko FSF izashyiraho itsinda ry’abanyamategeko bagomba gukusanya ibimenyetso birimo raporo z’umukino, ibyemezo by’abasifuzi n’amashusho y’umukino, mbere yo gutanga ikirego ku mugaragaro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *