fqirpprxsaaxm5n.jpg

Shampiyona y’u Rwanda igiye gusubikwa

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryandikiye amakipe y’icyiciro cya mbere ko umunsi wa 24 wari gukinwa hagati ya tariki ya 17 n’iya 18 Werurwe 2023 usubitswe kugira ngo ikipe y’igihugu itangire umwiherero wa Benin.

Ibi FERWAFA yabinyujije mu ibaruwa yandikiye amakipe.

Imikino y’umunsi wa 24 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo, yari iteganyijwe Ku ya 17 n’iya 18 Werurwe 2023 isubitswe, yimuriwe ku ya 21 n’iya 23 Mata 2023.

U Rwanda rugiye gukina umukino wa 3 n’uwa 4 wo mu itsinda wo gushaka itike y’imikino nyafurika ya CAN aho rwitegura kubanza kwesurana n’ikipe y’igihugu ya BĂ©nin iwayo tariki ya 22 Werurwe 2023 ndetse n’uwo kwishyura uzabera kuri Stade mpuzamahanga ya Huye tariki ya 27 Werurwe 2023.

Ibaruwa ya FERWAFA
fqirpprxsaaxm5n.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *