Kuri uyu wa Kabiri, abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab wo muri Somalia wisubije ibirindiro bya gisirikare byo mu majyepfo ya Jubbaland wari wambuwe n’igisirikare cya leta muri Mutarama, nk’uko umuyobozi muri Somalia n’umuturage waho babitangaje .
Al Shabaab, ikorana na al Qaeda, yahuye n’igitutu gikaze cy’igisirikare ndetse n’imitwe yitwara gisirikare ishingiye ku miryango ikorana na leta, mu bitero bikaze byatangijwe mu mwaka ushize.
Ariko uyu mutwe werekanye inshuro nyinshi ubushobozi bwawo bwo kugaba ibitero bikomeye.
Mu cyumweru gishize nta mirwano yabaye, bituma muri Somaliya havugwa ko ibitero byahagaze. Guverinoma yavuze ko iri mu kiruhuko gusa mbere yo gutangiza icyiciro gikurikira cy’ibikorwa.
Major Abdullahi Hussein yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, avuye i Kisimayu, ko Al Shabaab yibasiye ikigo cya gisirikare cya Janay Abdale, ku birometero 60 uvuye mu burengerazuba bw’umujyi wa Kismayu ku cyambu, mu gitondo cya kare. Yavuze ko al Shabaab yahagaritse itumanaho muri ako gace kandi ko igisikare cyohereje izindi ngabo z’umusada.
Guverinoma ya Jubbaland yavuze ko ingabo z’akarere n’igihugu zashegeshe “Al Shabaab” bikomeye ariko ntizatanga ibisobanuro birambuye. Imibare y’abaguye mu mirwano ntabwo yahise iboneka ku mpande zombi. Halima Osman yavuze ko umugabo we warokotse icyo gitero akabasha kuva mu kigo, yamuhamagaye akoresheje telefoni ya mugenzi we.
Yatangarije Reuters ati: “Yambwiye ko birukiye mu bihuru nyuma y’ambombe n’imirwano ikaze yahitanye benshi mu nshuti ze ndetse n’imodoka za gisirikare zigashya.” Al Shabaab yemeje ko ari yo yari inyuma y’icyo gitero. Mu itangazo yagize iti: “Turagenzura ibirindiro. Twafashe intwaro zabo zose”.
Muri Mutarama, ingabo zaturutse muri Jubbaland zari zambuye Al Shabaab ibirindiro bya Janay Abdale mu rwego rwo kugaba ibitero byatangiriye muri Somalia rwagati, bigamije kurandura umutwe wa Al Shabaab, mbere yo gukwirakwira mu majyepfo.


