Somalia: Al Shabaab yubuye ibitero by’ubwiyahuzi ihita yivugana 16

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 11 Ukuboza 2016 igisasu cy’umwiyahuzi cyaturikiye mu modoka gihitana abagera kuri 16 mu murwa mukuru Mogadishu.
Ibikorwa by’ubwiyahuzi byongeye kubura muri iki gihugu giherereye mu Burasirazuba bw’Afurika mu gihe hari hashize iminsi ibi bikorwa byakunzwe kwitirirwa abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu ntagondwa zo mu mutwe wa Al Shabaab bitumvikana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kuri ubu igihugu cya Somalia kiri mu bihe by’amatora y’Abadepite azakurikirwa n’ay’umukuru w’igihugu azaba ku wa 28 Ukuboza 2016.
Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa dukesha iyi nkuru byanditse ko abari hafi y’ahabereye iki gikorwa cy’ubwiyahuzi bavuze ko batamenye uko bigenze kuko bisanze mu mwotsi mwinshi nyuma yo kumva guturika gukomeye.
Umuyobozi w’ibiro bishinzwe ubutabazi mu mujyi wa Mogadishu, Abdikadir Abdirahman Adem yagize ati “Twabashije gufasha abantu 48 bari bakomeretse, abandi 16 bo bahise bapfa”
Umuvugizi wa Leta muri uyu mujyi, Abdifatah Omar Halane, nawe yemereye itangazamakuru mpuzamahanga ko iki gitero cyabayeho, uyu yemeje ko abamaze kumenyekana ko baguye muri iki gitero ari abantu 10 mu gihe hagikorwa ubutabazi. Aba bapfuye bose ni Abasivile.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Somalia zo mu mutwe wa Al-Shabaab zahise zigamba ko ari zo zagabye iki gitero mu butumwa zanyujije ku rubuga rwa Telegram.
Al Shabaab yanatangaje ko iki gitero cyari kigamiriye kwica abasirikare bo muri batayo ikorera hafi y’aho byabereye, ku bijyanye n’imibare y’abahitanywe n’iki gitero, Al Shabaab yo yatangaje ko imibare yabapfuye ari 30, ibintu izi nyeshyamba zivuga ko byazinejejej.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *