Somalia: Al Shabab yihoreye ku gisirikare cya leta nyuma yo kwica abarwanyi ba yo basaga 100

Sangiza iyi nkuru

Ibiro Ntaramakuru bya Somalia, SONNA, biratangaza ngo umwiyahuzi yiyahuye yiturikirije ibisasu hafi y’ikigo cy’imyitozo ya gisirikare, ahitana byibuze abantu batanu abandi 11 barakomereka .

Igitero cyagabwe ku wa Gatandatu mu nkambi iri mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, cyigambwe n’umutwe witwaje intwaro wa al-Shabab kikaba kibaye nyuma y’icyumweru ibindi bitero by’ubwiyahuzi bibiri bihitanye nibura 116 mu murwa mukuru.

SONNA yatangaje umubare w’abantu bapfuye ku rubuga rwa Twitter, ivuga ko iwukesha Umuyobozi mukuru w’ingabo z’igihugu cya Somalia, Odowaa Yusuf Rageh.

SONNA yavuze ko icyo gitero cyabereye ku bwinjiriro bw’inkambi maze isubiramo Rageh avuga ko ingabo za Somalia “umwiyahuzi” kugera ku ntego ye.

Kuri uyu wa Gatandatu, undi muyobozi wa gisirikare, Adan Yare, yatangarije Ibiro Ntaramakuru AFP ko uwagabye igitero yibasiye ikig cy’imyitozo cya Xero Nacnac gitorezwamo abasirikare bashya.

Ati: “Hari abantu bahitanwe mu basivili ndetse n’abashya bashaka kuya mu gisirikare”, akomeza avuga ko iperereza rigikomeje.

Ku wa Gatanu ushize, minisiteri ishinzwe amakuru muri Somalia yari yavuze ko ingabo za leta zishe abarwanyi barenga 100 ba al-Shabab mu gikorwa cyabereye muri leta ya Hirshabelle rwagati.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *