Somalia: Byibuze abantu 5 bahitanwe na bombe zari zigamije kwibasira ingoro y’umukuru w’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abantu batanu barimo abanyeshuri babiri bo mu mashuri yisumbuye ndetse n’umugore bakomeretse ubwo bombe zari zoherejwe ku ngoro ya perezida wa Somalia zatigisaga umurwa mukuru, Mogadishu kuri uyu wa Kabiri ushize.

Osman Mohamed, ushinzwe umutekano muri Mogadishu, yabwiye Anadolu Agency kuri telefoni ko ibisasu byinshi bya mortier bakeka ko byari bigamije kwibasira ingoro ya perezida byaguye mu turere twa Warta Nabada na Hamarwayne mu murwa mukuru, bikomeretsa byibuze abaturage batanu, barimo abanyeshuri babiri b’imyaka 14 kugera kuri 16.

Ati: “Sinshobora kukubwira niba ibisasu bimwe byaguye mu ngoro ya perezida ariko bitatu byaguye hafi y’inzu mberabyombi, yegereye ingoro ya perezida”.

Yongeyeho ati: “Ishuri ryo mu karere ka Harmarwayne naryo ryibasiwe, kandi humvikanye ibisasu bya mortier mu bice by’umurwa mukuru.”

Abaturage baganiriye na Anadolu bavuze ko babonye abantu bakomeretse bajyanwe n’inkeragutabara mu bitaro byaho kugira ngo bavurwe.

Abaterabwoba ba Al-Shabaab bigambye icyo gitero, bavuga ko cyibasiye ingoro ya perezida hamwe n’ibisasu bitatu byaguye mu ngoro. Bavuze kandi ko barashe ku nyubako ya Minisiteri ishinzwe amakuru n’inteko ishinga amategeko.

Iki gitero kibaye nyuma y’iminsi mike abaterabwoba ba al-Shabaab bagabye igitero ku ngoro y’Umujyi wa Mogadishu, bahitana ubuzima bw’abaturage nibura batanu.

Ku rundi ruhande, byibuze abaterabwoba 39 ba al-Shabaab bishwe abandi benshi barakomereka mu gikorwa cyo kurwanya uyu mutwe ukorana n’umutwe wa al-Qaeda mu ntara ya Mudug yo muri iki gihugu kuwa Mbere ushize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *