Somalia: Igisirikare cy’Amerika cyamennye urufaya rw’amasasu ku barwanyi ba Al Shabaab hapfa abatagira ingano

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya leta zunze ubumwe z’Amerika cyatangaje ko cyishe abarwanyi a Al Shabaab batagira ingano ku munsi w’ejo kuwa Kane tariki ya 9 Ugushyingo mu gihugu cya Somalia.
Iki gitero cyagabwe kuri aba barwanyi ku munsi w’ejo kuwa Kane mu bilometero bisaga 160 uturutse mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadiscio kikaba cyari kiyobowe n’ingabo za Somalia ku bufatanye n’Amerika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni nyuma y’uko ku itariki ya 14 z’ukwezi kwa 10 uyu mwaka, izi ngabo za Al-Shabaab zagabye igitero ku banyasomalia kigahitana abasaga 358, mu gihe na none ku itariki ya 29 mu kwezi kumwe hagabwe ikindi gitero cya bo ku ihoteri imwe hagapfa abagera kuri 27.
Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize, ni bwo ingabo z’Amerika ziri mu butumwa muri Somalia zasabye kugabanya abasirikare ba zo, hagasigarayo bacyeya ariko b’ingenzi, ibi bikaba byaratangajwe nyuma y’uko abasirikare b’Amerika nab o bari batangiye gukorwamo.
Nubwo nta mubare watanzwe z’abahitanywe n’iki gitero cy’indege z’Amerika kuri aba barwanyi, Igisirikare cyatangaje ko hapfuye umubare munini utaramenyekana.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *