Polisi yavuze ko ku cyumweru, Igitero cy’imodoka itezemo igisasu n’imbunda cyagabwe kuri hoteri yo mu mujyi wa Kismayo muri Somaliya kuri iki Cyumweru cyahitanye nibura abantu batatu nk’uko byatangajwe na polisi .
Amasasu yarashwe nyuma y’aho imodoka yari itwaye ibisasu iturikiye ku irembo rya Hotel Tawakal yo muri uyu mujyi wo ku cyambu. Umutwe w’abarwanyi ba Al Shabaab ufitanye isano na Al Qaeda wavuze ko ari wo wagabye icyo gitero.
Ushinzwe umutekano witwa Farah Mohamed yatangarije Reuters ari i Kismayu ati: “Kugeza ubu hari abantu batatu bapfuye abandi umunani barakomereka, bajyanwa mu bitaro bya Kismayu.”
Televiziyo y’igihugu ya Somalia yatangaje ku rubuga rwa Twitter ko abashinzwe umutekano bahanganye n’ikibazo cy’iterabwoba muri hotel.
Mohamed ati: “Igihe iturika n’igitero byabaga hari inama yaberaga muri hotel, ya gahunda yo gutangiza intambara nini kuri al Shabaab”.
Uyu Kapiteni wa polisi, Mohamed Nur na Farah Ali, umucuruzi mu iduka rya Kismayu, babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko iturika ry’igisasu kuri Tawakal Hotel ryakurikiwe n’amasasu.
Amashusho ya videwo yavuye kuri Televiziyo y’igihugu ya Somalia yashyizwe ku rubuga rwayo rwa Twitter yerekanye abashinzwe umutekano binjiza umwe mu bakomeretse muri ambulance.
Abdiasis Abu Musab, umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya al Shabaab, yavuze ko uyu mutwe uri inyuma y’iki gitero, avuga ko cyari kigamije kwibasira abayobozi b’akarere ka Jubbaland bakorera muri hotel.


