Kuri iki Cyumweru, muri Somalia umusirikare umwe yishwe abandi bagera kuri batandatu barakomereka ubwo umwiyahuzi yaturikirizaga igisasu mu kigo cya gisirikare giherereye mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Mogadishu, nk’uko umusirikare n’umukozi w’ibitaro babitangarije Reuters .
Umwiyahuzi yari yihinduye nk’umusirikare usanzwe maze yinjira mu bandi ubwo binjiraga mu kigo cya gisirikare mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru mbere yuko aturitsa icyo gisasu, nk’uko Capt. Aden Omar, umusirikare muri icyo kigo yabitangarije Reuters.
Ati: “Twabuze umusirikare umwe abandi benshi barakomereka. Umwiyahuzi yaturikirije igisasu kuri bariyeri”.
Umuforomokazi mu bitaro bya Madina i Mogadishu yabwiye Reuters ko bakiriye umusirikare umwe wapfuye n’abandi batandatu bakomeretse.
Ntabwo hahise hasobanuka abari inyuma y’icyo gitero ariko umutwe w’iterabwoba wa al Shabaab ukunze kugaba ibitero bya bombe n’iby’imbunda muri Somalia n’ahandi.
Uyu mutwe wiyunze na al Qaeda urashaka guhirika guverinoma nkuru ya Somalia no gushyiraho ubutegetsi bwawo bugendera ku mahame akakaye ya kisilamu azwi nka shariya.


