Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, kuri uyu wa Gatanu ushize yemeye gushyiraho intumwa nshya ya Loni muri Somalia nyuma y’aho perezida w’iki gihugu yangiye kwisubiraho ku cyemezo cyo kwirukana uwari usanzweyo azira kugaragaza impungenge ku burenganzira bwa muntu.
Biravugwa ko kuwa Gatanu ari bwo Guterres yavuganye kuri telephone na Perezida Mohamed Abduallahi Mohamed wa Somalia. Yari inshuro ya gatatu amuhamagara mu minsi itatu amusaba guhindura ibitekerezo akongera kwakira Umunya-Afurika y’Epfo, Nicholas Haysom (uri ku ifoto) wari uhagarariye Loni muri Somalia.
Perezida Mohamed ariko yaranze avuga ko Nicholas akiri persona non grata muri Somalia ndetse ko atazemererwa kongera gukandagiza ikirenge muri iki gihugu.
Inama y’akanama k’amahoro n’umutekano ka Loni ateranye mu muhezo kuri uyu wa Gatandatu ikaba yaje kwemeranya n’icyemezo cya Somalia yemera kohereza intumwa nshya ya Loni.
Nicholas Haysom wari intumwa y’Umuryango w’Abibumbye muri Somalia, yasabwe kuva ku butaka bw’iki gihugu kuwa Kabiri ushize nyuma yo gusaba guverinoma ibisobanuro ku itabwa muri yombi ry’uwahoze muri Al Shabab wayivuyemo akagerageza kwiyamamaza mu matora aheruka.


